Kayonza: Urubyiruko rwinubira ko ikibuga cy'umupira w'amaguru cyahinduwe isoko 

Kayonza: Urubyiruko rwinubira ko ikibuga cy'umupira w'amaguru cyahinduwe isoko 

Bamwe mu baturage  biganjemo urubyiruko bo mu Murenge wa Mumarange mu  mujyi wa Kayonza  barataka kutagira ikibuga cy'umupira w'amaguru  kuko ahahoze ikibuga hazwi nko kuri REACH hahinduwe  isoko mu bihe  bya Covid-19 na nubu ngo ikibuga kikaba  cyarahinduwe isoko  ndetse kiikaba cyarangiritse mu buryo bukomeye.

Ni Ikibuga   kiri ahazwi nko kuri Reach mu Murenge wa Mukarange , kuri ubu  cyamaze kurekamo  amazi y'imvura ndetse n'imitumba y'ibitoki bihacururizwa ,doreko  ngo hashyizwe isoko mu bihe bya Covid-19. Icyakora bamwe biganjemo urubyiruko bavuga ko babangamiwe cyane no kuba iki kibuga cyarahinduwe isoko ,mu gihe aricyo kibuga cy'umujyi wa Kayonza cyari gihari mbere ya Covid-19.

Uwitwa  Murekezi Jean de Dieu ni umwe muri uru rubyiruko yagize ati: Muri uyu mujyi wa Kayonza nta kibuga dufite, ntabwo tubasha kubona aho twidagadurira".

 Mugenzi we witwa Byukusenge Emmanuel yunzemo ati:" Ibintu bya Covid-19 byaraje bahita bashyiramo isoko. Nkubu twajya iyo za Mukarange none ikibuga nacyo baragifunze. Nyagatovu hari mu Midiho nacyo ntabwo kimeze neza ni na kure".

Ku murongo wa Terefoni ,Habanabakize Innocent , Umunyamabagamga Nshingwabikorwa w'umusigire w'Umurenge wa Mukarange yavuze iki kibazo kiri mu byatanzwe nk'ikifuzo cy'ibyo abaturage bakeneye byakwitabwaho mu bizakorwa mu ngengo y'imari  kandi ko hifashishwa kubera ko nta soko rya kijyambere riraboneka muri uyu mujyi.

Ati:"Isesengura ryakozwe mu igenamigambi abaturage bagizemo uruhare ryagaragaje ko harimo n'ibibuga by'imyidagaduro, uko amikoro y’Akarere agenda aboneka mu bitekerezo byatanzwe harimo no gukemura nicyo kibazo cy'ibibuga muri rusange. Ku bijyanye n'isoko , Impamvu bari hariya nta soko rya kijyambere barabona bakoreramo. Isoko nirimara kuboneka nicyo kibuga kizongera gikore".

 Mu kwaguka k'umujyi wa Kayonza, benshi mu rubyiruko bifuza ko ari naho hashyirwa ikibuga cy'umujyi  kuko ariho hanini kandi hafi ugereranije n'uko abatuye uyu mujyi batuye.

 

Kayonza: Urubyiruko rwinubira ko ikibuga cy'umupira w'amaguru cyahinduwe isoko 

Kayonza: Urubyiruko rwinubira ko ikibuga cy'umupira w'amaguru cyahinduwe isoko 

Bamwe mu baturage  biganjemo urubyiruko bo mu Murenge wa Mumarange mu  mujyi wa Kayonza  barataka kutagira ikibuga cy'umupira w'amaguru  kuko ahahoze ikibuga hazwi nko kuri REACH hahinduwe  isoko mu bihe  bya Covid-19 na nubu ngo ikibuga kikaba  cyarahinduwe isoko  ndetse kiikaba cyarangiritse mu buryo bukomeye.

Ni Ikibuga   kiri ahazwi nko kuri Reach mu Murenge wa Mukarange , kuri ubu  cyamaze kurekamo  amazi y'imvura ndetse n'imitumba y'ibitoki bihacururizwa ,doreko  ngo hashyizwe isoko mu bihe bya Covid-19. Icyakora bamwe biganjemo urubyiruko bavuga ko babangamiwe cyane no kuba iki kibuga cyarahinduwe isoko ,mu gihe aricyo kibuga cy'umujyi wa Kayonza cyari gihari mbere ya Covid-19.

Uwitwa  Murekezi Jean de Dieu ni umwe muri uru rubyiruko yagize ati: Muri uyu mujyi wa Kayonza nta kibuga dufite, ntabwo tubasha kubona aho twidagadurira".

 Mugenzi we witwa Byukusenge Emmanuel yunzemo ati:" Ibintu bya Covid-19 byaraje bahita bashyiramo isoko. Nkubu twajya iyo za Mukarange none ikibuga nacyo baragifunze. Nyagatovu hari mu Midiho nacyo ntabwo kimeze neza ni na kure".

Ku murongo wa Terefoni ,Habanabakize Innocent , Umunyamabagamga Nshingwabikorwa w'umusigire w'Umurenge wa Mukarange yavuze iki kibazo kiri mu byatanzwe nk'ikifuzo cy'ibyo abaturage bakeneye byakwitabwaho mu bizakorwa mu ngengo y'imari  kandi ko hifashishwa kubera ko nta soko rya kijyambere riraboneka muri uyu mujyi.

Ati:"Isesengura ryakozwe mu igenamigambi abaturage bagizemo uruhare ryagaragaje ko harimo n'ibibuga by'imyidagaduro, uko amikoro y’Akarere agenda aboneka mu bitekerezo byatanzwe harimo no gukemura nicyo kibazo cy'ibibuga muri rusange. Ku bijyanye n'isoko , Impamvu bari hariya nta soko rya kijyambere barabona bakoreramo. Isoko nirimara kuboneka nicyo kibuga kizongera gikore".

 Mu kwaguka k'umujyi wa Kayonza, benshi mu rubyiruko bifuza ko ari naho hashyirwa ikibuga cy'umujyi  kuko ariho hanini kandi hafi ugereranije n'uko abatuye uyu mujyi batuye.