Itsinda ry’Abadepite batatu bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo wa Leta mu Nteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda ryagiriye uruzinduko mu karere ka Ngoma ryerekwa bimwe mu bikorwa by'iterambere ry'aka karere.
Uruzinduko rw'aba badepite bari bayobowe na Hon.Depite Uwamariya Odette bagizwe na Hon.Depite Icyitegetse Valens na Hon.Depite Speciose Mukandanga rwabaye mu mpera z'iki cyumweru taliki 19 Mutarama 2025,rubimburirwa n'ibiganiro n'aboyobozi mu nzego zitandukanye mu karere ka Ngoma.Bari baje mu gikorwa cyo gusuzuma igipimo cy'ikoreshwa ry'ingengo y'imari ya Leta mu mezi 6 ya mbere ya 2024/2025 n'ishyirwa mubikorwa ry'imishinga y'iterambere
Nyuma y'ibiganiro bagiranye n'abayobozi mu karere,abadepite basuye Umuhanda Ngoma-Ramiro bareba aho imirimo yo kuwubaka igeze, imbogamizi zigihari mu rwego rwo kugirango bashobore kumenya igikenewe gukorerwa ubuvugizi kugirango uyu muhanda wihutishwe.
Banasuye kandi ikigo cy'icyiteganyagihe ishami rya Kazo (Meteo Kazo) ndetse na Nizeyimana Alexis usanzwe atubura imbuto z'ibishyimbo na Soya akaba n'umworozi wa kijyambere uherereye mu murenge wa Karembo.
























English
Kinyarwanda


