Ku wa Gatandatu, ihuriro ry’abanyamakuru mu gihugu cya Sudan y'Epfo ryatangaje ko abanyamakuru batandatu bo muri iki gihugu bafunzwe bazira gukwirakwiza amashusho yerekana Perezida Salva Kiir asa nkuwinyarira ubwo yari mu birori.
Amashusho yo mu mpera z'umwaka ushize mu kwezi k'Ukuboza yerekanaga ikizinga kijimye cy'inkari cyakwiriye ipantaro ya Perezida Kiir umukambwe w’imyaka 71 ubwo yari ahagaze bari kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu mu birori byo gufungura ku mu garagaro umuhanda.
Iyo videwo ntabwo yigeze inyura kuri televiziyo ariko yaje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga.Patrick Oyet, perezida w’ishyirahamwe ry’abanyamakuru muri Sudani yepfo, yatangaje ko abo banyamakuru natawe muri yombi kuwa Kabiri no ku wa Gatatu nyuma y'uko babanje gutoroka.
Oyet yabwiye Reuters ducyesha iyi nkuru ko abafunze ari abakorana n’ikigo cy'igihugu cy'itumanaho cya Leta ya Sudani y'Epfo.
Yagize ati: "Bakekwaho kuba hari icyo bazi ku buryo amashusho agaragaza perezida yinyarira yasohotse."
Minisitiri w’itangazamakuru muri Sudani y'epfo,Michael Makuei,n’umuvugizi w’urwego rw’umutekano mu gihugu, David Kumuri, ntibahise basubiza ibyo babajijwe kuri icyo kibazo.
Kiir yabaye perezida kuva Sudani y'Amajyepfo ibona ubwigenge mu 2011. Abayobozi ba guverinoma bahakanye inshuro nyinshi ibihuha bivugwa ku mbuga nkoranyambaga ko Perezida Kiir atameze neza.
Abanyamakuru bafunzwe ni abakoresha kamera aribo Joseph Oliver na Mustafa Osman; utunganya amashusho Victor Lado na Yakobo Benyamini utanga ubujyanama mu gutegura amakuru.Gusa Oyet yavuze ko na Cherbek Ruben na Joval Toombe bo mu cyumba cyo kugenzura ibitambuka nabo bafunzwe.
English
Kinyarwanda



Youssuf UBONABAGENDA