Imikino ya 1/4 mu marushanwa y'umurenge Kagame Cup mu karere ka Ngoma yasize amakipe nka Jarama na Kibungo zihabwa amahirwe yo kuzahurira ku mukino wa nyuma zitwaye neza zikomeza muri 1/2 cy'irushanwa.
Imikino y'amarushanwa y'umurenge Kagame Cup ariko muri 1/4 yakomeje kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Mutarama 2025 ku bibuga bitandukanye mu karere ka Ngoma.
Mu kiciro cy'abagabo
Muri iyi mukino ikinwa mu bisa nk'amazone,muri zone y'Igisaka cy'imirenge umurenge wa Gashanda wari wakiriye uwa Jarama unafite iki gikombe cy'umwaka ushize,birangira Jarama itahanye intsinzi kuri penarite enye kuri eshatu.Ni mu gihe amakipe yari yarangije iminota 90 anganya igitego kimwe kuri kimwe.
Muri iyo zone Kandi,umurenge wa Mugesera usanzwe uzwiho kugira abakinnyi bazi umupira kuva cyera,watsinze uwa Rukumberi ibitego bine kuri kimwe (4-1), ubwo Rukumberi yisubirira hafi y'ikiraro cya Gashora yimyiza imoso.
Muri zone twavuga ngo ni uy'umujyi,ikipe y'umurenge wa Kibungo yatsinze iya Karembo ibitego bitatu ku busa(3-0) ikomeze kwerekana ko ari inyamujyi.Ni mu gihe Kandi muri iyo zone,umurenge wa Rukira watsinze Rurenge kuri penarite eshanu kuri enye(5-4).
Ubwo muri make ikipe zageze muri 1/2 ni Jarama, Kibungo,Rukira na Mugesera.
Mu kiciro cy'abagore
Muri iki kiciro umurenge wa Gashanda watsinze uwa Jarama ibitego bitatu kuri bibiri(3-2).Ikipe ya Rukumberi yari yatsinzwe mu bagabo n'iya Mugesera,byageze mu kiciro cy'abagore Rukumberi Itsinda Mugesera ibitego bibiri ku busa(2-0).
Ikipe y'umurenge wa Rurenge yatsinze iya Murama igitego kimwe ku busa(1-0), iya Mutenderi nayo itsinda iya Kazo igitego kimwe ku busa(1-0).
Ubwo ikipe zageze muri 1/2 mu bagore ni Rurenge, Mutenderi, Rukumberi na Gashanda.
Hari uwakibaza impamvu yabonye ikipe y'umurenge wa Jarama y'abagore ndetse n'iya Karembo mu bagabo zongeye gukina Kandi ubushize zaratsinzwe.
Ubusanzwe akarere ka Ngoma gafite imirenge 14 bivuze ko ubushize yarakinnye,ubwo muri 1/4 hakomeza imirenge irindwi (7).Kuba rero ari imirenge irindwi Yakomeje Kandi ari 1/4 hagombaga kuboneka amakipe umunani(8),byabaye ngombwa ko hashakwa Indi kipe kuri buri kiciro iribuze kuzuza amakipe umunani kugira ngo 1/4 gishoboke.
Harebwe amakipe yatsinzwe neza basanga ikipe ya Jarama mu bagore yatsinzwe neza n'iya Mutenderi kuko bari batsindanye kuri penarite baba ariyo bazana kugira ngo yuzuze umubare w'amakipe umunani mu bagore azakina 1/4 bigakunda.Ninako byagenze rero kuri Karembo mu kiciro cy'abagabo kuko nayo yabonye amahirwe yo gukomeza bitewe n'uko ubushize yari yatsinzwe neza n'ikipe ya Gashanda kuri penarite,ibyo rero bituma yisanga mu makipe agomba gukina 1/4 Kandi yari yarasezerewe mu majonjora.




















English
Kinyarwanda


