Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 31 Gicurasi, CONMEBOL yatangaje ko Brazil ariyo izakira irushanwa rya Copa America 2021 mu gihe byari byitezwe ko ryari kwakirwa n’igihugu cya Argentina.

Mu gihe habura iminsi 13 ngo irushanwa rihuza ibihugu byo ku mugabane wa Amerika y’Epfo mu mupira w’amaguru ‘Copa America’ ritangire, Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru kuri uyu mugabane ‘CONMEBOL’ yimuye aho rigomba gukinirwa kubera icyorezo cya COVID-19 cyugarije abatuye Isi.
CONMEBOL yatangaje ko kubera icyorezo cya Coronavirus gikomeje gufata indi ntera mu gihugu cya Argentine cyagombaga kwakira irushanwa rya Copa America 2021, ryahakuwe ryimurirwa muri Brazil.
CONMEBOL yatangaje ko kubera icyorezo cya Coronavirus gikomeje gufata indi ntera mu gihugu cya Argentine cyagombaga kwakira irushanwa rya Copa America 2021, ryahakuwe ryimurirwa muri Brazil.

Nyuma yo kuvana iri rushanwa muri Argentine, Leta zunze ubumwe za Amerika, Chili na Brazil nibo bakandida bagombaga gutorwamo umwe uzakira iri rushanwa.
Nyuma y’inama y’igitaraganya yahuje abayobozi b’iyi mpuzamashyirahamwe ndetse n’ibihugu byashoboraga kwakira iri rushanwa, kugira ngo hafatwe umwanzuro mu maguru mashya.
Copa America 2021 izatangira gukinwa tariki ya 13 Kamena kugeza 10 Nyakanga 2021, mu mijyi itandukanye yo muri Brazil.
English
Kinyarwanda



