Tanzaniya yafunze inkambi icumbikiye ibihumbi by’impunzi z’Abarundi

Tanzaniya yafunze inkambi icumbikiye ibihumbi by’impunzi z’Abarundi

Igihugu cya Tanzaniya cyafunze inkambi icumbikiye ibihumbi by’impunzi z’Abarundi, inasubiza iwabo hafi ya zose usibye nke cyane, nk’uko byatangajwe n’abaharanira uburenganzira bwa muntu hamwe n’Umuryango w’Abibumbye ku wa Gatanu.

Mu mezi ashize, impunzi z’Abarundi zakomeje gutaka ko ziri kwirukanwa ku gahato mu nkambi ya Nduta iherereye mu majyaruguru y’iburengerazuba bwa Tanzaniya, nyuma y’amasezerano hagati ya guverinoma za Dar es Salaam na Bujumbura yo gusubiza iwabo impunzi zigera ku 100,000 mbere y’ukwezi kwa Kamena.

Nk’uko byari bimeze mu mpera za 2025, habarurwaga impunzi z’Abarundi zigera ku 142,000 zicumbikiwe mu nkambi ebyiri zo muri Tanzaniya ari zo Nduta na Nyarugusu, nk’uko byatangajwe n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR).

Izi mpunzi zari zarahunze mu gihe cy'imyaka y’intambara z’imbere mu gihugu, igitugu cya politiki n’ubukene bukabije mu gihugu cyabo.

Ihuriro ryitwa Coalition for Human Rights/Living in Refugee Camps (CDH/VICAR) ryatangaje riti: “Impunzi zigera ku 3,000 zari zisigaye mu nkambi ya Nduta zashyizwe mu modoka ku gahato ku wa Kane kugira ngo zisubizwe i Burundi.”

Ryongeraho riti: “Hasigaye imiryango igera kuri 10 gusa ku nkambi, itegereje kwimurirwa mu nkambi ya Nyarugusu, aho imiryango 198 yari yamaze koherezwa nyuma y’ikorwa ry’amahitamo ryavugishije benshi amagambo.”

Nk’uko ubuyobozi bwa Tanzaniya bubivuga, inkambi ya Nyarugusu iteganyijwe gufungwa ku itariki ya 30 Kamena.

CDH/VICAR yavuze ko mu mezi ashize impunzi zari mu nkambi ya Nduta zagiye zihura n’ingamba “zagenda zirushaho kubahatira”.

Izi ngamba zirimo kubuzwa uburenganzira bwo kugenda aho zishaka, gushyirwaho igitutu ngo ziyandikishe ku gusubizwa iwabo, guhuza inkunga z’ubutabazi n’iyandikisha ryo gutaha, no gusenya buhoro buhoro amazu yo mu nkambi. Hanavuzwe kandi urugomo rwo mu ijoro, gutera ubwoba, gufatwa no kuburirwa irengero ku gahato.

Uyu muryango utari uwa Leta wavuze ko izi ngamba “zageze ku ndunduro mu minsi ishize, aho abantu benshi batangiye kugenda mu buryo butunguranye, bigatuma inkambi ifungwa burundu.”

CDH/VICAR yanenze kandi UNHCR kuba yarafashije ibikorwa bya guverinoma ya Tanzaniya aho “gusohoza inshingano zayo” zo kurinda impunzi.

<span;>Umuvugizi wa UNHCR yabwiye AFP ko inkambi yafunzwe na guverinoma ya Tanzaniya.

Yavuze ko iki cyemezo kijyanye n’amasezerano yerekeye “gusubiza ku bushake impunzi z’Abarundi” hagati ya UNHCR na za guverinoma z’ibihugu byombi byo muri Afurika y’Iburasirazuba.

Uyu muvugizi yongeyeho ko UNHCR “yakomeje kugaragariza ubuyobozi impungenge igihe cyose habaga raporo zigaragaza igitutu cyangwa ihohoterwa, igasobanura neza ko gusubiza impunzi zigomba kuba ku bushake, mu mutekano no mu cyubahiro.”

Undi mukozi wa UNHCR, wavuze atifuje ko amazina ye atangazwa, yemeje ko impunzi zasubijwe iwabo ariko yanga kugira icyo atangaza ku birego byo guhatirwa.

Tanzaniya yafunze inkambi icumbikiye ibihumbi by’impunzi z’Abarundi

Tanzaniya yafunze inkambi icumbikiye ibihumbi by’impunzi z’Abarundi

Igihugu cya Tanzaniya cyafunze inkambi icumbikiye ibihumbi by’impunzi z’Abarundi, inasubiza iwabo hafi ya zose usibye nke cyane, nk’uko byatangajwe n’abaharanira uburenganzira bwa muntu hamwe n’Umuryango w’Abibumbye ku wa Gatanu.

Mu mezi ashize, impunzi z’Abarundi zakomeje gutaka ko ziri kwirukanwa ku gahato mu nkambi ya Nduta iherereye mu majyaruguru y’iburengerazuba bwa Tanzaniya, nyuma y’amasezerano hagati ya guverinoma za Dar es Salaam na Bujumbura yo gusubiza iwabo impunzi zigera ku 100,000 mbere y’ukwezi kwa Kamena.

Nk’uko byari bimeze mu mpera za 2025, habarurwaga impunzi z’Abarundi zigera ku 142,000 zicumbikiwe mu nkambi ebyiri zo muri Tanzaniya ari zo Nduta na Nyarugusu, nk’uko byatangajwe n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR).

Izi mpunzi zari zarahunze mu gihe cy'imyaka y’intambara z’imbere mu gihugu, igitugu cya politiki n’ubukene bukabije mu gihugu cyabo.

Ihuriro ryitwa Coalition for Human Rights/Living in Refugee Camps (CDH/VICAR) ryatangaje riti: “Impunzi zigera ku 3,000 zari zisigaye mu nkambi ya Nduta zashyizwe mu modoka ku gahato ku wa Kane kugira ngo zisubizwe i Burundi.”

Ryongeraho riti: “Hasigaye imiryango igera kuri 10 gusa ku nkambi, itegereje kwimurirwa mu nkambi ya Nyarugusu, aho imiryango 198 yari yamaze koherezwa nyuma y’ikorwa ry’amahitamo ryavugishije benshi amagambo.”

Nk’uko ubuyobozi bwa Tanzaniya bubivuga, inkambi ya Nyarugusu iteganyijwe gufungwa ku itariki ya 30 Kamena.

CDH/VICAR yavuze ko mu mezi ashize impunzi zari mu nkambi ya Nduta zagiye zihura n’ingamba “zagenda zirushaho kubahatira”.

Izi ngamba zirimo kubuzwa uburenganzira bwo kugenda aho zishaka, gushyirwaho igitutu ngo ziyandikishe ku gusubizwa iwabo, guhuza inkunga z’ubutabazi n’iyandikisha ryo gutaha, no gusenya buhoro buhoro amazu yo mu nkambi. Hanavuzwe kandi urugomo rwo mu ijoro, gutera ubwoba, gufatwa no kuburirwa irengero ku gahato.

Uyu muryango utari uwa Leta wavuze ko izi ngamba “zageze ku ndunduro mu minsi ishize, aho abantu benshi batangiye kugenda mu buryo butunguranye, bigatuma inkambi ifungwa burundu.”

CDH/VICAR yanenze kandi UNHCR kuba yarafashije ibikorwa bya guverinoma ya Tanzaniya aho “gusohoza inshingano zayo” zo kurinda impunzi.

<span;>Umuvugizi wa UNHCR yabwiye AFP ko inkambi yafunzwe na guverinoma ya Tanzaniya.

Yavuze ko iki cyemezo kijyanye n’amasezerano yerekeye “gusubiza ku bushake impunzi z’Abarundi” hagati ya UNHCR na za guverinoma z’ibihugu byombi byo muri Afurika y’Iburasirazuba.

Uyu muvugizi yongeyeho ko UNHCR “yakomeje kugaragariza ubuyobozi impungenge igihe cyose habaga raporo zigaragaza igitutu cyangwa ihohoterwa, igasobanura neza ko gusubiza impunzi zigomba kuba ku bushake, mu mutekano no mu cyubahiro.”

Undi mukozi wa UNHCR, wavuze atifuje ko amazina ye atangazwa, yemeje ko impunzi zasubijwe iwabo ariko yanga kugira icyo atangaza ku birego byo guhatirwa.