Yapfiriye mu modoka ya International nyuma y'ukwezi indi modoka yayo ihitanye abantu 20

Yapfiriye mu modoka ya International nyuma y'ukwezi indi modoka yayo ihitanye abantu 20

Umusore wo mu karere ka Rubavu mu murenge wa Nyamyumba witwa Ndikubwimana Janvier yapfiriye mu modoka itwara abagenzi ya International yari ivuye i Kigali yerekeza i Musanze ku isaha nk'iyo imodoka y'iyi kampani iheruka gukoreraho impanuka,abantu 20 bakahasiga ubuzima.

Ibi byabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki 15 Werurwe 2025.Urupfu rw'uyu musore rwamenyekanye igihe imodoka yari igeze muri Gare ya Musanze saa saba z’amanywa,Ubwo bamwe mu bagenzi yari itwaye barimo bavamo,ariko batungurwa no kubona umwe mu bari bayirimo yapfuye. 

SP Jean Bosco Mwiseneza,Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru,yemeje amakuru y’urupfu rw’uyu muntu, avuga ko nawe yayamenye abibwiwe na se wa nyakwigendera.

Yagize ati: “Mu makuru twamenye tuyabwiwe na se, ni uko uwo musore yari amaze ukwezi arwariye mu bitaro bya CHUK. Bari baramubaze kubera uburwayi bwo mu nda yari amaranye iminsi”.

Ubwo rero mu kumusezerera ngo ajye kurwarira mu rugo iwabo i Rubavu mu Murenge wa Nyamyumba aho basanzwe batuye, bateze iyo Bisi ya International, bikaba bishoboka ko yayipfiriyemo ubwo bari mu nzira. Iperereza ku cyateye urupfu ryahise ritangira”.

Umurambo wakuwe muri iyo modoka ujyanwa mu Bitaro Bikuru bya Ruhengeri gukorerwa isuzuma.

Saa Saba z'amanywa isaha idasanzwe kuri International 

Urupfu rw'uyu musore rwabereye mu modoka ya sosiyete itwara abagenzi ya international,rubaye nyuma y'ukwezi n'iminsi ine, imodoka y'iyi sosiyete ikoze impanuka igahitana abantu 20.Iyo mpanuka yabereye ahitwa ku Kirenge mu Karere ka Rulindo ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 11 Gashyantare 2025.

Iyo modoka yari itwaye abagenzi 53 ibakuye mu Mujyi wa Kigali yerekeza mu Karere ka Musanze, yageze hafi y’ahitwa ku Kirenge mu Murenge wa Rusiga muri ako Karere ka Rulindo, n'ubundi saa saba z’amanywa, irenga umuhanda wa kaburimbo, imanuka yibarangura, igwa mu manga y’umusozi, muri metero zibarirwa muri 800 uturutse kuri kaburimbo.

@Kigali today 

Yapfiriye mu modoka ya International nyuma y'ukwezi indi modoka yayo ihitanye abantu 20

Yapfiriye mu modoka ya International nyuma y'ukwezi indi modoka yayo ihitanye abantu 20

Umusore wo mu karere ka Rubavu mu murenge wa Nyamyumba witwa Ndikubwimana Janvier yapfiriye mu modoka itwara abagenzi ya International yari ivuye i Kigali yerekeza i Musanze ku isaha nk'iyo imodoka y'iyi kampani iheruka gukoreraho impanuka,abantu 20 bakahasiga ubuzima.

Ibi byabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki 15 Werurwe 2025.Urupfu rw'uyu musore rwamenyekanye igihe imodoka yari igeze muri Gare ya Musanze saa saba z’amanywa,Ubwo bamwe mu bagenzi yari itwaye barimo bavamo,ariko batungurwa no kubona umwe mu bari bayirimo yapfuye. 

SP Jean Bosco Mwiseneza,Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru,yemeje amakuru y’urupfu rw’uyu muntu, avuga ko nawe yayamenye abibwiwe na se wa nyakwigendera.

Yagize ati: “Mu makuru twamenye tuyabwiwe na se, ni uko uwo musore yari amaze ukwezi arwariye mu bitaro bya CHUK. Bari baramubaze kubera uburwayi bwo mu nda yari amaranye iminsi”.

Ubwo rero mu kumusezerera ngo ajye kurwarira mu rugo iwabo i Rubavu mu Murenge wa Nyamyumba aho basanzwe batuye, bateze iyo Bisi ya International, bikaba bishoboka ko yayipfiriyemo ubwo bari mu nzira. Iperereza ku cyateye urupfu ryahise ritangira”.

Umurambo wakuwe muri iyo modoka ujyanwa mu Bitaro Bikuru bya Ruhengeri gukorerwa isuzuma.

Saa Saba z'amanywa isaha idasanzwe kuri International 

Urupfu rw'uyu musore rwabereye mu modoka ya sosiyete itwara abagenzi ya international,rubaye nyuma y'ukwezi n'iminsi ine, imodoka y'iyi sosiyete ikoze impanuka igahitana abantu 20.Iyo mpanuka yabereye ahitwa ku Kirenge mu Karere ka Rulindo ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 11 Gashyantare 2025.

Iyo modoka yari itwaye abagenzi 53 ibakuye mu Mujyi wa Kigali yerekeza mu Karere ka Musanze, yageze hafi y’ahitwa ku Kirenge mu Murenge wa Rusiga muri ako Karere ka Rulindo, n'ubundi saa saba z’amanywa, irenga umuhanda wa kaburimbo, imanuka yibarangura, igwa mu manga y’umusozi, muri metero zibarirwa muri 800 uturutse kuri kaburimbo.

@Kigali today