Agahimbazamusyi ababyeyi batangaga ku mashuri gashobora kugabanuka

Minisitiri w’Uburezi, Dr. Valentine Uwamariya, yatangaje ko nyuma yo kuzamura umushahara wa mwarimu, hazasohoka amabwiriza agenga uburyo amafaranga arimo n’agahimbazamusyi yakwaga ababyeyi yagabanuka.

Agahimbazamusyi ababyeyi batangaga ku mashuri gashobora kugabanuka

Minisitiri Uwamariya atangaza ko ubusanzwe ibigo by’amashuri byagenaga amafaranga yakwa ababyeyi, kugira ngo bazamure imibereho ya mwarimu, ariko hazarebwa uko ababyeyi bagorwaga no kubona ayo mafaranga baruhuka.

avuga ko mbere y’itangira ry’umwaka w’amashuri utaha, hazasohoka amabwiriza ajyanye n’ikintu cyose cyatumaga kuzamura ubuzima bwa mwarimu bigora ababyeyi.

Agira ati “Ntabwo nahita mvuga ibizaba bikubiye muri ayo mabwiriza, kuko igihe cyayo kitaragera, biracyanozwa ariko agahimbazamusyi ka mwarimu mu mashuri ya Leta n’afatanya na Leta ku bw’amasezerano, bizasuzumwa kugira ngo tugabanyirize umutwaro ababyeyi”.

Minisitiri w’uburezi avuga ko kuzamura umushahara wa mwarimu bisobanuye gukora atuje, akunze akazi kandi bizazamura ireme ry’uburezi.

Avuga ko umushahara wa mwarimu wazamuwe uzanabafasha kuzamura igipimo cy’inguzanyo bakaga mu mwarimu SACCO, kandi abarimu bari hirya no hino mu gihugu bizabafasha kuzamura n’urwego rw’ubukungu, kugabanya abana bata amashuri n’izindi mbogamizi zatumaga mwarimu akora nabi.

Asobanura ko ku barimu bava mu bihugu byo hanze bo batarebwa n’ibiteganywa n’amasezerano, ko amafaranga yazamuwe gusa ku barimu b’imbere mu gihugu.

Minisitiri Uwamariya asaba ibigo by’amashuri yigenga kutitwaza kuzamura umushahara wa mwarimu, ngo bazamure amafaranga y’ishuri kuko usanga bo bari banasanganywe umushahara mwiza.

Agira ati “Tureberera amashuri yose, n’ayigenga turaganira kandi tukagira ibyo twumvikana kuko bigora bamwe mu babyeyi, kuzamura umushahara wa mwarimu mu mashuri ya Leta ntibibe urwitwazo rwo kuzamura amafaranga y’ishuri mu yigenga”.

Dore uko imishahara yazamutse ku barimu hakurikijwe impamyabumenyi zabo

Minisitiri w’Uburezi asobanura ko kongera amafaranga y’umushahara wa mwarimu bizakorwa ku mushahara yatahanaga, kandi yabariwe ku mushahara w’umwarimu cyangwa umuyobozi w’ishuri w’umutangizi.

Ku mwarimu utangiye ufite impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye A2 wahembwaga 57.000frw, yiyongereyeho, 88% by’ayo yahembwaga akaba azajya ahembwa 108.488frw.

Umwarimu ufite icyiciro cya mbere cya Kaminuza A1 ahembwaga 136.000Frw azajya ahembwa hiyoreyeho 40%, bityo ahembwe 191.811Frw, mu gihe umwarimu ufite icyiciro cya kabiri cya kaminuza wahembwaga 176.189Frw azajya ahembwa 246.384Frw.

Abayobozi b’amashuri n’abandi bakozi bazamuriwe imishahara aho umuyobozi w’ishuri ryisumbuye ryigisha ubumenyi rusange cyangwa ubumenyi ngiro (TVET), azajya ahembwa 314.450frw, naho umuyobozi w’ishuri ryisumbuye wahembwaga 101.680frw azajya ahembwa 152.525frw kuko we yongereweho 50%.

Abayobozi bungirije bashinzwe amasomo n’abashinzwe imyitwarire bahembwaga nka mwarimu usanzwe, bazajya bahemberwa ibyiciro byabo bya kaminuza A0 aho bazajya babona 283.256frw, naho abandi bakozi bakorera kuri A0 bahembwe make ku ya mwarimu aho bazajya babona 225.440frw, naho ufite A1 ahembwe 163.566frw naho ufite A2 ahembwe 97.826frw.

Minisitiri w’Uburezi yasobanuye ko hari hashize imyaka itatu abarimu bahembwa hiyongereyeho 10%, ayo na yo akaba yabariwe mu yo bongejwe 88% na 40% by’ayo bahembwaga.

Anasobanura ko ku barimu bigishaga mu mashuri abanza ariko baramaze kuzamura impamyabumenyi kugira ngo bazihemberwe, bisaba gukora ipiganwa kugira ngo bimurirwe kuri iyo mpamyabumenyi nshya.

Muri rusange abarimu bakomeje gushimira Guverinoma y’u Rwanda yabatekerejeho, bakaba baniyemeje gushyira imbaraga mu kazi kabo ka buri munsi, kuko nta yindi birantega ibariho, kuko wasangaga bigisha amasaha make bakajya gushaka indi mibereho.

Agahimbazamusyi ababyeyi batangaga ku mashuri gashobora kugabanuka

Agahimbazamusyi ababyeyi batangaga ku mashuri gashobora kugabanuka

Minisitiri w’Uburezi, Dr. Valentine Uwamariya, yatangaje ko nyuma yo kuzamura umushahara wa mwarimu, hazasohoka amabwiriza agenga uburyo amafaranga arimo n’agahimbazamusyi yakwaga ababyeyi yagabanuka.

Minisitiri Uwamariya atangaza ko ubusanzwe ibigo by’amashuri byagenaga amafaranga yakwa ababyeyi, kugira ngo bazamure imibereho ya mwarimu, ariko hazarebwa uko ababyeyi bagorwaga no kubona ayo mafaranga baruhuka.

avuga ko mbere y’itangira ry’umwaka w’amashuri utaha, hazasohoka amabwiriza ajyanye n’ikintu cyose cyatumaga kuzamura ubuzima bwa mwarimu bigora ababyeyi.

Agira ati “Ntabwo nahita mvuga ibizaba bikubiye muri ayo mabwiriza, kuko igihe cyayo kitaragera, biracyanozwa ariko agahimbazamusyi ka mwarimu mu mashuri ya Leta n’afatanya na Leta ku bw’amasezerano, bizasuzumwa kugira ngo tugabanyirize umutwaro ababyeyi”.

Minisitiri w’uburezi avuga ko kuzamura umushahara wa mwarimu bisobanuye gukora atuje, akunze akazi kandi bizazamura ireme ry’uburezi.

Avuga ko umushahara wa mwarimu wazamuwe uzanabafasha kuzamura igipimo cy’inguzanyo bakaga mu mwarimu SACCO, kandi abarimu bari hirya no hino mu gihugu bizabafasha kuzamura n’urwego rw’ubukungu, kugabanya abana bata amashuri n’izindi mbogamizi zatumaga mwarimu akora nabi.

Asobanura ko ku barimu bava mu bihugu byo hanze bo batarebwa n’ibiteganywa n’amasezerano, ko amafaranga yazamuwe gusa ku barimu b’imbere mu gihugu.

Minisitiri Uwamariya asaba ibigo by’amashuri yigenga kutitwaza kuzamura umushahara wa mwarimu, ngo bazamure amafaranga y’ishuri kuko usanga bo bari banasanganywe umushahara mwiza.

Agira ati “Tureberera amashuri yose, n’ayigenga turaganira kandi tukagira ibyo twumvikana kuko bigora bamwe mu babyeyi, kuzamura umushahara wa mwarimu mu mashuri ya Leta ntibibe urwitwazo rwo kuzamura amafaranga y’ishuri mu yigenga”.

Dore uko imishahara yazamutse ku barimu hakurikijwe impamyabumenyi zabo

Minisitiri w’Uburezi asobanura ko kongera amafaranga y’umushahara wa mwarimu bizakorwa ku mushahara yatahanaga, kandi yabariwe ku mushahara w’umwarimu cyangwa umuyobozi w’ishuri w’umutangizi.

Ku mwarimu utangiye ufite impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye A2 wahembwaga 57.000frw, yiyongereyeho, 88% by’ayo yahembwaga akaba azajya ahembwa 108.488frw.

Umwarimu ufite icyiciro cya mbere cya Kaminuza A1 ahembwaga 136.000Frw azajya ahembwa hiyoreyeho 40%, bityo ahembwe 191.811Frw, mu gihe umwarimu ufite icyiciro cya kabiri cya kaminuza wahembwaga 176.189Frw azajya ahembwa 246.384Frw.

Abayobozi b’amashuri n’abandi bakozi bazamuriwe imishahara aho umuyobozi w’ishuri ryisumbuye ryigisha ubumenyi rusange cyangwa ubumenyi ngiro (TVET), azajya ahembwa 314.450frw, naho umuyobozi w’ishuri ryisumbuye wahembwaga 101.680frw azajya ahembwa 152.525frw kuko we yongereweho 50%.

Abayobozi bungirije bashinzwe amasomo n’abashinzwe imyitwarire bahembwaga nka mwarimu usanzwe, bazajya bahemberwa ibyiciro byabo bya kaminuza A0 aho bazajya babona 283.256frw, naho abandi bakozi bakorera kuri A0 bahembwe make ku ya mwarimu aho bazajya babona 225.440frw, naho ufite A1 ahembwe 163.566frw naho ufite A2 ahembwe 97.826frw.

Minisitiri w’Uburezi yasobanuye ko hari hashize imyaka itatu abarimu bahembwa hiyongereyeho 10%, ayo na yo akaba yabariwe mu yo bongejwe 88% na 40% by’ayo bahembwaga.

Anasobanura ko ku barimu bigishaga mu mashuri abanza ariko baramaze kuzamura impamyabumenyi kugira ngo bazihemberwe, bisaba gukora ipiganwa kugira ngo bimurirwe kuri iyo mpamyabumenyi nshya.

Muri rusange abarimu bakomeje gushimira Guverinoma y’u Rwanda yabatekerejeho, bakaba baniyemeje gushyira imbaraga mu kazi kabo ka buri munsi, kuko nta yindi birantega ibariho, kuko wasangaga bigisha amasaha make bakajya gushaka indi mibereho.