Etoile de l'Est FC yabonye abatoza bashya bayijeje kuyizamura nk'uko babimenyereweho

Etoile de l'Est FC yabonye abatoza bashya bayijeje kuyizamura nk'uko babimenyereweho

Nyuma y'imyaka irenga 22 iri muri champiyona y'ikiciro cya kabiri hano mu Rwanda, ikaza kuzamuka muri shampiyona y'ikiciro cya mbere hano mu Rwanda 2021-22 ikaza guhita isubira muri wamwitero wayo wo mukiciro cya kabiri 2022-2023, ikipe ya Etoile de l'Est imaze gusinyisha abatoza bashya bagomba kuyifasha kuzamuka muri shampiyona y'ikiciro cya mbere umwaka 2023-24.

Etoile de l'Est FC ibarizwa mukarere ka Ngoma,nyuma yo kubona umutoza mushya n'abazamwungiriza mu mikono y'ikiciro cya kabiri cy'umupira w'amaguru mu Rwanda sezo ya 2022,benshi mubakunzi ba Ruhago hano mu Rwanda bahise batekereza kuhazaza hi iyi kipe dore ko n'abakinnyi hafi yabose yakoresheje mu mwaka w'imikino 2021-2022 bagihari kubwo gushaka kugaruka muri shampiyona y'ikiciro cya mbere 2023-24.

Mubatoza bashya b'iyi kipe Barimo"Nsengiyumva Francois ,uzwi nka Coach Sami uherutse kuzamuka ikipe ya Rwamagana city muri shampiyona y'ikiciro cya mbere hano mu Rwanda umwaka wa 2022-23, uyu mutoza kandi azaba yungirijwe na Ntibimenya Emmanuel wari usanzwe yongerera abakinnyi b'iyi kipe ingufu, ndetse n'umutoza w'abazamu Nicolas Maniraguha wanakiniye amakipe arimo Rwamagana city na Mukura Victory Sport.

Kumurongo wa Teléphone umunyamabaga w'iyi kipe Elie Byukusenge yemereye Realrwanda.com ko isinyishwa ry'aba batoza ari ukuri.

Kugeza ubu ntiharamenyeka igihe shampiyona y'ikiciro cya kabiri hano mu Rwanda 2022-23 izatangirira,gusa amakipe azayikina akaba akomeje kwitegura bihagije.

Etoile de l'Est FC yabonye abatoza bashya bayijeje kuyizamura nk'uko babimenyereweho

Etoile de l'Est FC yabonye abatoza bashya bayijeje kuyizamura nk'uko babimenyereweho

Nyuma y'imyaka irenga 22 iri muri champiyona y'ikiciro cya kabiri hano mu Rwanda, ikaza kuzamuka muri shampiyona y'ikiciro cya mbere hano mu Rwanda 2021-22 ikaza guhita isubira muri wamwitero wayo wo mukiciro cya kabiri 2022-2023, ikipe ya Etoile de l'Est imaze gusinyisha abatoza bashya bagomba kuyifasha kuzamuka muri shampiyona y'ikiciro cya mbere umwaka 2023-24.

Etoile de l'Est FC ibarizwa mukarere ka Ngoma,nyuma yo kubona umutoza mushya n'abazamwungiriza mu mikono y'ikiciro cya kabiri cy'umupira w'amaguru mu Rwanda sezo ya 2022,benshi mubakunzi ba Ruhago hano mu Rwanda bahise batekereza kuhazaza hi iyi kipe dore ko n'abakinnyi hafi yabose yakoresheje mu mwaka w'imikino 2021-2022 bagihari kubwo gushaka kugaruka muri shampiyona y'ikiciro cya mbere 2023-24.

Mubatoza bashya b'iyi kipe Barimo"Nsengiyumva Francois ,uzwi nka Coach Sami uherutse kuzamuka ikipe ya Rwamagana city muri shampiyona y'ikiciro cya mbere hano mu Rwanda umwaka wa 2022-23, uyu mutoza kandi azaba yungirijwe na Ntibimenya Emmanuel wari usanzwe yongerera abakinnyi b'iyi kipe ingufu, ndetse n'umutoza w'abazamu Nicolas Maniraguha wanakiniye amakipe arimo Rwamagana city na Mukura Victory Sport.

Kumurongo wa Teléphone umunyamabaga w'iyi kipe Elie Byukusenge yemereye Realrwanda.com ko isinyishwa ry'aba batoza ari ukuri.

Kugeza ubu ntiharamenyeka igihe shampiyona y'ikiciro cya kabiri hano mu Rwanda 2022-23 izatangirira,gusa amakipe azayikina akaba akomeje kwitegura bihagije.