Goma Tombé: Bidasubirwaho M23 yafashe umujyi wa Goma

Goma Tombé: Bidasubirwaho M23 yafashe umujyi wa Goma

Umutwe wa M23 watangaje ko wafashe Umujyi wa Goma ari nawo murwa Mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y'imirwano ikomeye yabanje kubera mu nkengero z'umujyi.

Ifatwa ry'uyu mujyi ukomeye muri Kivu ya ruguru,ryatangajwe mu rukerera rwo kuri uyu wa 27 Mutarama 2025 n'Umuvugizi w’umutwe wa M23 mu rwego rwa politiki Lawrence Kanyuka mu itangazo yanyujije ku rukuta rwa X yahoze yitwa Twitter.

Abanyujije kuri X Kanyuka yagize ati “Turasaba abatuye i Goma gutuza. Kubohora uyu mujyi byarangiye neza kandi ubu ibintu biri ku murongo.”

Kanyuka yasabye abasirikare ba RDC gushyira untwaro hasi bakazishyikiriza ingabo z'Umuryango w’Abibumbye, MONUSCO ziri mu butumwa bw'amahoro mu burasirazuba bwa RDC.

Mu gihe ingabo za M23 zari zinjiye umujyi wa Goma,Kanyuka yasabye abasirikare ba RDC FARDC kwihuriza muri Stade de l’Unité ya Goma mbere ya Saa Cyenda z’urukerera, abamenyesha ko nyuma y’iki gihe ntarengwa abarwanyi babo baraba bagenzura uyu mujyi.

Ni muri urwo rwego amakuru yatangajwe n'Ingabo za Uruguay ziri mu butumwa bw’amahoro bwa ONU zatangaje ko kuva mu masaha y’ijoro zakiriye abasirikare benshi ba FARDC  bahunze umutwe wa  M23 wari ubasumbirije.

Magingo aya,M23 yahagaritse by’agateganyo ibikorwa bikorerwa mu kiyaga cya Kivu na Albert, kugeza ubwo izasohorera irindi tangazo ribisubukura.

Ingabo za ONU n’iz’umuryango wa Afurika y’Amajyepfo SADEC zafashaga iza RDC mu kurinda ko Goma yafatwa ariko zageze ubwo zikuramo akarenge, nyuma yo kurushwa imbaraga.

M23 ifashe Goma nyuma y’iminsi ibiri ihaye ingabo za RDC amasaha 48 yo kuba zarambitse intwaro hasi, mu rwego rwo kwirinda guhindura uyu mujyi isibaniro ry’imirwano abawutuye bagahuriramo n'ibibazo.

Ni igihe ntarengwa cyatanzwe mu gihe kuva tariki ya 23 Mutarama, mu Mujyi wa Sake no mu nkengero zawo no mu nkengero za Goma hari hakomeje imirwano ikomeye yari ihanganishije M23 n'ingabo za RDC zafashwaga na Wazalendo ndetse n'Abarundi.

Muri iyo mirwano ni nabwo Guverineri wa Kivu y'Amajyaruguru Gen Cirimwami yishwe n'umutwe wa M23 ndetse n'umukuru wa FDLR Gen Omega wari inshuti magara ya Cirimwami.

Goma Tombé: Bidasubirwaho M23 yafashe umujyi wa Goma

Goma Tombé: Bidasubirwaho M23 yafashe umujyi wa Goma

Umutwe wa M23 watangaje ko wafashe Umujyi wa Goma ari nawo murwa Mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y'imirwano ikomeye yabanje kubera mu nkengero z'umujyi.

Ifatwa ry'uyu mujyi ukomeye muri Kivu ya ruguru,ryatangajwe mu rukerera rwo kuri uyu wa 27 Mutarama 2025 n'Umuvugizi w’umutwe wa M23 mu rwego rwa politiki Lawrence Kanyuka mu itangazo yanyujije ku rukuta rwa X yahoze yitwa Twitter.

Abanyujije kuri X Kanyuka yagize ati “Turasaba abatuye i Goma gutuza. Kubohora uyu mujyi byarangiye neza kandi ubu ibintu biri ku murongo.”

Kanyuka yasabye abasirikare ba RDC gushyira untwaro hasi bakazishyikiriza ingabo z'Umuryango w’Abibumbye, MONUSCO ziri mu butumwa bw'amahoro mu burasirazuba bwa RDC.

Mu gihe ingabo za M23 zari zinjiye umujyi wa Goma,Kanyuka yasabye abasirikare ba RDC FARDC kwihuriza muri Stade de l’Unité ya Goma mbere ya Saa Cyenda z’urukerera, abamenyesha ko nyuma y’iki gihe ntarengwa abarwanyi babo baraba bagenzura uyu mujyi.

Ni muri urwo rwego amakuru yatangajwe n'Ingabo za Uruguay ziri mu butumwa bw’amahoro bwa ONU zatangaje ko kuva mu masaha y’ijoro zakiriye abasirikare benshi ba FARDC  bahunze umutwe wa  M23 wari ubasumbirije.

Magingo aya,M23 yahagaritse by’agateganyo ibikorwa bikorerwa mu kiyaga cya Kivu na Albert, kugeza ubwo izasohorera irindi tangazo ribisubukura.

Ingabo za ONU n’iz’umuryango wa Afurika y’Amajyepfo SADEC zafashaga iza RDC mu kurinda ko Goma yafatwa ariko zageze ubwo zikuramo akarenge, nyuma yo kurushwa imbaraga.

M23 ifashe Goma nyuma y’iminsi ibiri ihaye ingabo za RDC amasaha 48 yo kuba zarambitse intwaro hasi, mu rwego rwo kwirinda guhindura uyu mujyi isibaniro ry’imirwano abawutuye bagahuriramo n'ibibazo.

Ni igihe ntarengwa cyatanzwe mu gihe kuva tariki ya 23 Mutarama, mu Mujyi wa Sake no mu nkengero zawo no mu nkengero za Goma hari hakomeje imirwano ikomeye yari ihanganishije M23 n'ingabo za RDC zafashwaga na Wazalendo ndetse n'Abarundi.

Muri iyo mirwano ni nabwo Guverineri wa Kivu y'Amajyaruguru Gen Cirimwami yishwe n'umutwe wa M23 ndetse n'umukuru wa FDLR Gen Omega wari inshuti magara ya Cirimwami.