Hatagize igikorwa ibyabaye kuri Espoir FC bishobora kuba no kuri Muhazi United 

Hatagize igikorwa ibyabaye kuri Espoir FC bishobora kuba no kuri Muhazi United 

Abakunzi b'ikipe ya Muhazi united bafite ubwoba bw'uko niba imaze ukwezi n'igice idahemba abakinnyi byazarangira umuvuduko iriho ugabanutse ikisanga yamanutse mu kiciro cya kabiri dore ko umwe mu bari ku ruhembe rwo kuyiha ibyo igomba atari ubwa mbere yaba atumye ikipe imanuka mu kiciro cya kabiri kuko yabikoze no kuri Espoir FC.

Kuri ubu ikipe ya Muhazi United ibereyemo abakinnyi n'abakozi bayo ibirarane by'ukwezi kwa 12 ariko n'ukwa mbere nako kuri mu nzira yo kurangira.

Bamwe mu bakunzi b'iyi kipe yahoze yitwa Rwamagana City ikaza kuba Muhazi United nyuma y'uko ihuriweho n'uturere tubiri aritwo Rwamagana na Kayonza abaturanyi,bavuga ko impungenge batangiye kugira z'uko ishobora kumanuka,n'iz'uko akarere ka Rwamagana katari gutanga amafaranga nk'uko bikwiye.

Aba bavuga ko umwe mu bari mu mwanya wo gutuma amafaranga ahabwa ikipe asohoka ariwe umunyamabanga nshingwa bikorwa w'akarere ka Rwamagana Mutesi Priscah,ashobora kuba agiye kuyikora nk'ibyo yakoze ikipe ya Espoir FC yo mu karere ka Rusizi, aho yigeze kuyobora kuko ku buyobozi bwe aribwo yamanutse mu kiciro cya kabiri.Icyo gihe Espoir FC yamanutse habura umukino umwe ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere ya 2022/2023 irangire imanukana n'ikipe ya Rutsiro FC.

Umwe yagize ati"Ikipe yacu nubwo idakinira iwacu igakinira Kibungo ntacyo bidutwaye kuko turigora tukajyayo ikadushimisha.Ariko mbabazwa n'uko ibitangiye kuyivugwamo bishobora gutuma imanuka bitewe no kudahembera ku gihe.None se wambwira ute ukuntu ibura amafaranga kandi ihuriweho n'uterere tubiri kandi ikibazo kikaba kuri Rwamagana? Ubwo urumva atari ubuyobozi buri kwanga kurekura amafaranga? Twebwe rero turifuza ko uriya muyobozi wavuye za Rusizi asize amanuye Espoir yatubabarira ntazamunure ikipe yacu kuko mbere ibintu byari bimeze neza".

Mugenzi we yunzemo ati" None se ubwo umuyobozi watumye ikipe y'i Rusizi imanuka, urumva akunda umupira koko? Nukuri turamwingjnze nubwo ashobora kuba adakunda umupira,yumve ko twe tuwukunda maze atange amafaranga abakinnyi bagumane imbaraga zo gukina.Ibaze kuba bamaze ukwezi n'igice badahembwa kandi bacyenera kurya kugira ngo bagire imbaraga,ibyo birababaje mutubwirire abo bayobozi".

Uyu mukunzi wa Muhazi united ukoresha amazina ya Aminadab kuri X,yifashishije urwo rubuga kugira ngo agaragaze agahinda atewe n'ikipe ya Muhazi united ishobora kuba irimo gukura nk'isabune ariko nawe kimwe n'abandi byose akabyegeka kuri Gitifu w'akarere Mutesi Priscah.

Yagize ati"Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ahora adukangurira ko nitubona ikibi cg tukumva ikibi tuzakivuga ntakurya iminwa hano ngiye kubabwira ibitavuzwe numwe cg Babiri, bivugwa ko kuba ikipe ya @Muhazi_United ,iri gukura nk'isabune ahanini biterwa na Executif w'akarere ka @RwamaganaDistr utumva ijambo Sport muriwe , njye Gitifu w'akarere simuzi Kandi nanjye nkeka atanzi ntacyo mfa nawe ngo ndaza kumuvuga hano ariko Niba ariko bimeze byaba bibabaje mugihe HE ahora atubwirako Siporo igomba kubyazwa umusaruro ikagirira akamaro abayikora ndetse n'igihugu muri Rusange , rwose mudufashe mumakipe yose afashwa nuturere iyacu yerekuba intsina ngufi kubera abantu runaka".

Kuri iki kibazo cy'ibirarane by'imishahara ku bakinnyi b'ikipe ya Muhazi united,umuyibozi w'akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab,yavuze ko byatewe n'uko aho amafaranga yagombaga kuva ku ruhande rwa Rwamagana yatinze kuboneka.

Meya Mbonyumuvunyi avuga ko guha amafaranga ikipe ya Muhazi united,bigendana n'uko uturere tubiri tuyifite tuba twinjije imisoro ku burya kamwe iyo katarabona amafaranga akandi kaba kishyuye,bityo ngo icyangombwa ni uko bishyura amafaranga yose aba agenewe ekipe nta kirarane na kimwe bagomba kuyibamo.

Ati"Amafaranga duha ekipe tuyakura mu misoro.Hari igihe muri uku kwezi kwa mbere usanga kayonza yagize umusoro mwinshi cyane hinjiye amafaranga menshi cyane ikabasha kwishyura uruhare rwayo kimwe n'uko ukwezi gukurikiye usanga kayonza yinjije macye ku musoro,Rwamagana ikinjiza menshi ikabasha gukuramo ikirarane cy'ukwezi kwashize ikanishyura n'ukwezi kugezemo".

Kandi Radjab akomeza  avuga ko baheruka gukorera"Inama inyagasambu yiga kubirarane bafitiye ekipe yaba komite y'akarere ka Rwamagana n'akarere ka kayonza n'ubuyobozi bwa ekipe ya Muhazi united twese twarikumwe ku bijyanye n'ikirarane tuyifitiye cy'ukwezi kwa cumi na biri twemeje ko kizishyurwa tariki 22 /01/2025 hanyuma azaba asigaye yose akazishyurwa bitarenze tariki 05/02/2025".

Mbonyumuvunyi Radjab asoza avuga ko Muhazi united ari imwe muma ekipe atakabaye ajyira ikibazo cy'amikoro cyane  cyane ko ifashwa n'uturere tubiri mu gihe usanga andi ma ekipe afashwa n'akarere kamwe" rimwe na rimwe ugasanga bazifitiye ibirarane by'amezi menshi" ariko Muhazi united iyo bakabije usanga bayifitiye ikirarane cy'ukwezi kumwe cyangwa amezi abiri" bityo agasaba ubuyobozi bwa ekipe" ya Muhazi united n'abakinnyi bayo gukora ibyo bakagombye gukora kuko nabo bakora uko bashoboye kose kugira ngo bayihe ibyo basabwa nk'ubuyobozi bw'akarere.

Magingo aya akarere ka Kayonza kamaze gutanga amafaranga kagomba gutanga mu bihembwe bibiri ahwanye na miliyoni 100Frw,naho Rwamagana ikaba imaze gutanga kimwe cya kabiri ari nayo mpamvu ukwezi kwa cumi na biri abakinnyi n'abakozi ba ekipe ya Muhazi United batarabona umushahara.

Kuba ikipe ya Muhazi United umwaka w'imikino ushize yaritwaye neza ikarangiza ku mwanya wa 12 ifite amnota 33  ariko muri uyu mwaka ikaba itangiye kugira ibibazo byo kudahemba,bitangiye gutera ubwoba abakunzi bayo aho bagaragaza ko ibyo bidakumiriwe hakiri kare byazatuma ikipe imanuka mu kiciro cya kabiri.

Ibi kandi bavuga ko bishoboka cyane kuko niba akarere ka Rwamagana gatangiye kugenda biguruntege mu kuyibonera amafaranga,hagashira ukwezi n'igice itarabona amafaranga byazarangira agiye yiyongera bikagera no mu mezi atatu, ibintu bishobora guca intege abakinnyi bigatuma imanuka.

Ni mu gihe imikino ibanza ya Shampiyona y'u Rwanda yarangiye Muhazi United iri ku mwanya wa 14 n’amanota 13 ikaba ibanziriza iza nyuma ebyiri arizo Vision FC na Kiyovu sports ziri mu myanya ya nyuma ku rutonde rwa Shampiyona y'ikiciro cya mbere.

BITE BYA ETOILE DE L'EST??: 

https://youtu.be/w2pjgnASk7E

Hatagize igikorwa ibyabaye kuri Espoir FC bishobora kuba no kuri Muhazi United 

Hatagize igikorwa ibyabaye kuri Espoir FC bishobora kuba no kuri Muhazi United 

Abakunzi b'ikipe ya Muhazi united bafite ubwoba bw'uko niba imaze ukwezi n'igice idahemba abakinnyi byazarangira umuvuduko iriho ugabanutse ikisanga yamanutse mu kiciro cya kabiri dore ko umwe mu bari ku ruhembe rwo kuyiha ibyo igomba atari ubwa mbere yaba atumye ikipe imanuka mu kiciro cya kabiri kuko yabikoze no kuri Espoir FC.

Kuri ubu ikipe ya Muhazi United ibereyemo abakinnyi n'abakozi bayo ibirarane by'ukwezi kwa 12 ariko n'ukwa mbere nako kuri mu nzira yo kurangira.

Bamwe mu bakunzi b'iyi kipe yahoze yitwa Rwamagana City ikaza kuba Muhazi United nyuma y'uko ihuriweho n'uturere tubiri aritwo Rwamagana na Kayonza abaturanyi,bavuga ko impungenge batangiye kugira z'uko ishobora kumanuka,n'iz'uko akarere ka Rwamagana katari gutanga amafaranga nk'uko bikwiye.

Aba bavuga ko umwe mu bari mu mwanya wo gutuma amafaranga ahabwa ikipe asohoka ariwe umunyamabanga nshingwa bikorwa w'akarere ka Rwamagana Mutesi Priscah,ashobora kuba agiye kuyikora nk'ibyo yakoze ikipe ya Espoir FC yo mu karere ka Rusizi, aho yigeze kuyobora kuko ku buyobozi bwe aribwo yamanutse mu kiciro cya kabiri.Icyo gihe Espoir FC yamanutse habura umukino umwe ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere ya 2022/2023 irangire imanukana n'ikipe ya Rutsiro FC.

Umwe yagize ati"Ikipe yacu nubwo idakinira iwacu igakinira Kibungo ntacyo bidutwaye kuko turigora tukajyayo ikadushimisha.Ariko mbabazwa n'uko ibitangiye kuyivugwamo bishobora gutuma imanuka bitewe no kudahembera ku gihe.None se wambwira ute ukuntu ibura amafaranga kandi ihuriweho n'uterere tubiri kandi ikibazo kikaba kuri Rwamagana? Ubwo urumva atari ubuyobozi buri kwanga kurekura amafaranga? Twebwe rero turifuza ko uriya muyobozi wavuye za Rusizi asize amanuye Espoir yatubabarira ntazamunure ikipe yacu kuko mbere ibintu byari bimeze neza".

Mugenzi we yunzemo ati" None se ubwo umuyobozi watumye ikipe y'i Rusizi imanuka, urumva akunda umupira koko? Nukuri turamwingjnze nubwo ashobora kuba adakunda umupira,yumve ko twe tuwukunda maze atange amafaranga abakinnyi bagumane imbaraga zo gukina.Ibaze kuba bamaze ukwezi n'igice badahembwa kandi bacyenera kurya kugira ngo bagire imbaraga,ibyo birababaje mutubwirire abo bayobozi".

Uyu mukunzi wa Muhazi united ukoresha amazina ya Aminadab kuri X,yifashishije urwo rubuga kugira ngo agaragaze agahinda atewe n'ikipe ya Muhazi united ishobora kuba irimo gukura nk'isabune ariko nawe kimwe n'abandi byose akabyegeka kuri Gitifu w'akarere Mutesi Priscah.

Yagize ati"Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame ahora adukangurira ko nitubona ikibi cg tukumva ikibi tuzakivuga ntakurya iminwa hano ngiye kubabwira ibitavuzwe numwe cg Babiri, bivugwa ko kuba ikipe ya @Muhazi_United ,iri gukura nk'isabune ahanini biterwa na Executif w'akarere ka @RwamaganaDistr utumva ijambo Sport muriwe , njye Gitifu w'akarere simuzi Kandi nanjye nkeka atanzi ntacyo mfa nawe ngo ndaza kumuvuga hano ariko Niba ariko bimeze byaba bibabaje mugihe HE ahora atubwirako Siporo igomba kubyazwa umusaruro ikagirira akamaro abayikora ndetse n'igihugu muri Rusange , rwose mudufashe mumakipe yose afashwa nuturere iyacu yerekuba intsina ngufi kubera abantu runaka".

Kuri iki kibazo cy'ibirarane by'imishahara ku bakinnyi b'ikipe ya Muhazi united,umuyibozi w'akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab,yavuze ko byatewe n'uko aho amafaranga yagombaga kuva ku ruhande rwa Rwamagana yatinze kuboneka.

Meya Mbonyumuvunyi avuga ko guha amafaranga ikipe ya Muhazi united,bigendana n'uko uturere tubiri tuyifite tuba twinjije imisoro ku burya kamwe iyo katarabona amafaranga akandi kaba kishyuye,bityo ngo icyangombwa ni uko bishyura amafaranga yose aba agenewe ekipe nta kirarane na kimwe bagomba kuyibamo.

Ati"Amafaranga duha ekipe tuyakura mu misoro.Hari igihe muri uku kwezi kwa mbere usanga kayonza yagize umusoro mwinshi cyane hinjiye amafaranga menshi cyane ikabasha kwishyura uruhare rwayo kimwe n'uko ukwezi gukurikiye usanga kayonza yinjije macye ku musoro,Rwamagana ikinjiza menshi ikabasha gukuramo ikirarane cy'ukwezi kwashize ikanishyura n'ukwezi kugezemo".

Kandi Radjab akomeza  avuga ko baheruka gukorera"Inama inyagasambu yiga kubirarane bafitiye ekipe yaba komite y'akarere ka Rwamagana n'akarere ka kayonza n'ubuyobozi bwa ekipe ya Muhazi united twese twarikumwe ku bijyanye n'ikirarane tuyifitiye cy'ukwezi kwa cumi na biri twemeje ko kizishyurwa tariki 22 /01/2025 hanyuma azaba asigaye yose akazishyurwa bitarenze tariki 05/02/2025".

Mbonyumuvunyi Radjab asoza avuga ko Muhazi united ari imwe muma ekipe atakabaye ajyira ikibazo cy'amikoro cyane  cyane ko ifashwa n'uturere tubiri mu gihe usanga andi ma ekipe afashwa n'akarere kamwe" rimwe na rimwe ugasanga bazifitiye ibirarane by'amezi menshi" ariko Muhazi united iyo bakabije usanga bayifitiye ikirarane cy'ukwezi kumwe cyangwa amezi abiri" bityo agasaba ubuyobozi bwa ekipe" ya Muhazi united n'abakinnyi bayo gukora ibyo bakagombye gukora kuko nabo bakora uko bashoboye kose kugira ngo bayihe ibyo basabwa nk'ubuyobozi bw'akarere.

Magingo aya akarere ka Kayonza kamaze gutanga amafaranga kagomba gutanga mu bihembwe bibiri ahwanye na miliyoni 100Frw,naho Rwamagana ikaba imaze gutanga kimwe cya kabiri ari nayo mpamvu ukwezi kwa cumi na biri abakinnyi n'abakozi ba ekipe ya Muhazi United batarabona umushahara.

Kuba ikipe ya Muhazi United umwaka w'imikino ushize yaritwaye neza ikarangiza ku mwanya wa 12 ifite amnota 33  ariko muri uyu mwaka ikaba itangiye kugira ibibazo byo kudahemba,bitangiye gutera ubwoba abakunzi bayo aho bagaragaza ko ibyo bidakumiriwe hakiri kare byazatuma ikipe imanuka mu kiciro cya kabiri.

Ibi kandi bavuga ko bishoboka cyane kuko niba akarere ka Rwamagana gatangiye kugenda biguruntege mu kuyibonera amafaranga,hagashira ukwezi n'igice itarabona amafaranga byazarangira agiye yiyongera bikagera no mu mezi atatu, ibintu bishobora guca intege abakinnyi bigatuma imanuka.

Ni mu gihe imikino ibanza ya Shampiyona y'u Rwanda yarangiye Muhazi United iri ku mwanya wa 14 n’amanota 13 ikaba ibanziriza iza nyuma ebyiri arizo Vision FC na Kiyovu sports ziri mu myanya ya nyuma ku rutonde rwa Shampiyona y'ikiciro cya mbere.

BITE BYA ETOILE DE L'EST??: 

https://youtu.be/w2pjgnASk7E