Inoti zishaje zahawe igihe ntarengwa cyo kuba zahagaritswe gukoreshwa

Inoti zishaje zahawe igihe ntarengwa cyo kuba zahagaritswe gukoreshwa

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu, yemeje Iteka rya Perezida rikuraho inoti zishaje za 500 Frw, inoti za 1000 Frw, inoti za 2000 Frw ndetse n’inoti za 5000 Frw.

Ni inama yateranye kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2025 iyobowe na Perezida Kagame, iteranira muri Village Urugwiro.

Inoti zahagaritswe ni iza 500 Frw zakozwe mu 2004 na 2013, iza 1000 Frw zakozwe mu 2004 na 2015, iza 2000 Frw zakozwe mu 2007 n’iza 5000 Frw zakozwe mu 2004 na 2009. Igihe ntarengwa cy’inoti zishaje kuba zitagikoreshwa ni amezi 12: Nyuma y’iki gihe, inoti zakuweho ntizizongera kugira agaciro mu Rwanda.

Inama y'abaminisitiri yashyize kandi mu myanya abayobozi batandukanye muri Minisiteri n’ibigo bya Leta bitandukanye.

Mu bayobozi bashyizwe mu myanya harimo Nirere Madeleine wongerwe manda nk’Umuvunyi Mukuru, Amb. Fidelis Mironko wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, na Jean Marie Vianney Ndayizigiye wagizwe Umunyabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima.

Amb. Mironko ni inararibonye muri dipolomasi n’imibanire mpuzamahanga, bishimangirwa n’imirimo itandukanye yagiye akora, aho yahagarariye igihugu ku rwego mpuzamahanga mu myanya inyuranye mu Burasirazuba bwo hagati, i Burayi no muri Amerika.

Inoti zishaje zahawe igihe ntarengwa cyo kuba zahagaritswe gukoreshwa

Inoti zishaje zahawe igihe ntarengwa cyo kuba zahagaritswe gukoreshwa

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu, yemeje Iteka rya Perezida rikuraho inoti zishaje za 500 Frw, inoti za 1000 Frw, inoti za 2000 Frw ndetse n’inoti za 5000 Frw.

Ni inama yateranye kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2025 iyobowe na Perezida Kagame, iteranira muri Village Urugwiro.

Inoti zahagaritswe ni iza 500 Frw zakozwe mu 2004 na 2013, iza 1000 Frw zakozwe mu 2004 na 2015, iza 2000 Frw zakozwe mu 2007 n’iza 5000 Frw zakozwe mu 2004 na 2009. Igihe ntarengwa cy’inoti zishaje kuba zitagikoreshwa ni amezi 12: Nyuma y’iki gihe, inoti zakuweho ntizizongera kugira agaciro mu Rwanda.

Inama y'abaminisitiri yashyize kandi mu myanya abayobozi batandukanye muri Minisiteri n’ibigo bya Leta bitandukanye.

Mu bayobozi bashyizwe mu myanya harimo Nirere Madeleine wongerwe manda nk’Umuvunyi Mukuru, Amb. Fidelis Mironko wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, na Jean Marie Vianney Ndayizigiye wagizwe Umunyabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima.

Amb. Mironko ni inararibonye muri dipolomasi n’imibanire mpuzamahanga, bishimangirwa n’imirimo itandukanye yagiye akora, aho yahagarariye igihugu ku rwego mpuzamahanga mu myanya inyuranye mu Burasirazuba bwo hagati, i Burayi no muri Amerika.