Jamie Carragher yahaye urw'amenyo komedi ya CAF na Maroc ku kwambura Senegal igikombe

Jamie Carragher yahaye urw'amenyo komedi ya CAF na Maroc ku kwambura Senegal igikombe

Umusesenguzi w'umwongereza mu by'umupira w'amaguru wigeze no kuwukina James Lee Duncan Carragher ,yavuze ko ibyo CAF yakoze byo kwambura igikombe uwagitsindiye isi yose ibibona ikagiha Maroc bitabaho ahubwo abifata nk'urwenya ndetse n'ubusazi.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro kuri Television ya CBS news mu kiganiro CBS sports Golazo nyuma yo kubona urwenya rwa CAF ku myanzuro yavuye mu bujurire bwatanzwe na Maroc ivuga ko yibwe igikombe cya AFCON cyabereye muri icyo gihugu.

Avuga ku ku cyemezo cyafashwe ku mukino wa nyuma wa CAN nyuma y’uko ikipe y’igihugu ya Sénégal ifashwe nk’iyatsinzwe itewe mpaga maze Maroc igahabwa intsinzi y’ibitego 3–0:

Carragher yagize ati “Reka gato mbaze… bivuze ngo Sénégal yatsinze finale ya CAN, abafana bari mu byishimo, abakinnyi baterura igikombe, abantu bose barishima, hanyuma nyuma bababwira ngo ‘Oya, mwihangane, Maroc ni yo yatsinze 3–0!’ Ese murimo guseka?"

Akomeza agira ati"Ni byo nsanzwe mvuga: CAN si irushanwa rikomeye. Mu Burayi se? Mu mukino wa nyuma wa Champions League? Cyangwa uwa EURO? Ibi ntibyabaho na rimwe! Ntushobora gutanga imidari uyu munsi ngo ejo uvuge uti ‘twahinduye gahunda, indi kipe ni yo yatsinze.’ Ibi ni ubusazi!"

Munibaze uko byifashe mu rwambariro: abakinnyi ba Sénégal barira, aba Maroc bari mu rujijo… none se ni nde ufite igikombe ubu? Uyu ni umupira w’amaguru cyangwa ni umukino wa Monopoly?!

Carragher avuga ko ibizwi nkandi byemewe ari uko intsinzi mu mupira w'amaguru ndetse n'indi mikino muri rusange,intsinzi iba mu kibuga itabera hanze yacyo kuko iyo bibaye gutyo haba hajemo ruswa bikica umwimerere w'umupira w'amaguru.

Ati"Mvugishije ukuri, ni urwenya. Irushanwa ryagombye gushingira ku bibera mu kibuga, atari ku byemezwa mu biro inyuma y’ameza. Ariko muri CAN ho… ushobora kwishimira igikombe uyu munsi, ejo ukakibura. Ni yo mpamvu nkomeza mvuga ko mu Burayi ibi bitashoboka. Na rimwe!”

Umukinnyi Sadio Mane wari na kapiteni w'ikipe ya Senegal yegukanye igikombe nyuma y'impaka zabaye,nawe yatangajwe n'amahano CAF yakoze,yo kubambura igikombe avuga ko ruswa igaragara mu mupira w'amaguru iri kwica ibyishimo by'abafana benshi muri Afurika.

Ati"Ibyabaye byarenze urugero. Ibi si byo mupira w’amaguru duharanira, si na Afurika twizera.

Hari ruswa nyinshi cyane mu mupira wacu, kandi iri kwica ishyaka ry’abafana babarirwa muri za miriyoni ku mugabane wose. Abakinnyi batanga byose mu kibuga, ariko ibyemezo bifatirwa hanze yacyo ni byo biri kugena uko imikino irangira n’utwara ibikombe.

Ndababaye cyane, atari ku bwa Sénégal gusa, ahubwo no ku mupira w’amaguru wa Afurika muri rusange. Dukwiriye ibyiza birenze ibi. Abafana bakwiriye uburinganire, gukorera mu mucyo, no kubahwa".

Kugeza ubu Senegal nayo yamaze gutangaza ko icyemezo CAF yayifatiye igomba kukijuririra mu rukiko mpuzamahanga rukemura amakimbirane ajyanye na siporo ruzwi nka TAS.

Jamie Carragher yahaye urw'amenyo komedi ya CAF na Maroc ku kwambura Senegal igikombe

Jamie Carragher yahaye urw'amenyo komedi ya CAF na Maroc ku kwambura Senegal igikombe

Umusesenguzi w'umwongereza mu by'umupira w'amaguru wigeze no kuwukina James Lee Duncan Carragher ,yavuze ko ibyo CAF yakoze byo kwambura igikombe uwagitsindiye isi yose ibibona ikagiha Maroc bitabaho ahubwo abifata nk'urwenya ndetse n'ubusazi.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro kuri Television ya CBS news mu kiganiro CBS sports Golazo nyuma yo kubona urwenya rwa CAF ku myanzuro yavuye mu bujurire bwatanzwe na Maroc ivuga ko yibwe igikombe cya AFCON cyabereye muri icyo gihugu.

Avuga ku ku cyemezo cyafashwe ku mukino wa nyuma wa CAN nyuma y’uko ikipe y’igihugu ya Sénégal ifashwe nk’iyatsinzwe itewe mpaga maze Maroc igahabwa intsinzi y’ibitego 3–0:

Carragher yagize ati “Reka gato mbaze… bivuze ngo Sénégal yatsinze finale ya CAN, abafana bari mu byishimo, abakinnyi baterura igikombe, abantu bose barishima, hanyuma nyuma bababwira ngo ‘Oya, mwihangane, Maroc ni yo yatsinze 3–0!’ Ese murimo guseka?"

Akomeza agira ati"Ni byo nsanzwe mvuga: CAN si irushanwa rikomeye. Mu Burayi se? Mu mukino wa nyuma wa Champions League? Cyangwa uwa EURO? Ibi ntibyabaho na rimwe! Ntushobora gutanga imidari uyu munsi ngo ejo uvuge uti ‘twahinduye gahunda, indi kipe ni yo yatsinze.’ Ibi ni ubusazi!"

Munibaze uko byifashe mu rwambariro: abakinnyi ba Sénégal barira, aba Maroc bari mu rujijo… none se ni nde ufite igikombe ubu? Uyu ni umupira w’amaguru cyangwa ni umukino wa Monopoly?!

Carragher avuga ko ibizwi nkandi byemewe ari uko intsinzi mu mupira w'amaguru ndetse n'indi mikino muri rusange,intsinzi iba mu kibuga itabera hanze yacyo kuko iyo bibaye gutyo haba hajemo ruswa bikica umwimerere w'umupira w'amaguru.

Ati"Mvugishije ukuri, ni urwenya. Irushanwa ryagombye gushingira ku bibera mu kibuga, atari ku byemezwa mu biro inyuma y’ameza. Ariko muri CAN ho… ushobora kwishimira igikombe uyu munsi, ejo ukakibura. Ni yo mpamvu nkomeza mvuga ko mu Burayi ibi bitashoboka. Na rimwe!”

Umukinnyi Sadio Mane wari na kapiteni w'ikipe ya Senegal yegukanye igikombe nyuma y'impaka zabaye,nawe yatangajwe n'amahano CAF yakoze,yo kubambura igikombe avuga ko ruswa igaragara mu mupira w'amaguru iri kwica ibyishimo by'abafana benshi muri Afurika.

Ati"Ibyabaye byarenze urugero. Ibi si byo mupira w’amaguru duharanira, si na Afurika twizera.

Hari ruswa nyinshi cyane mu mupira wacu, kandi iri kwica ishyaka ry’abafana babarirwa muri za miriyoni ku mugabane wose. Abakinnyi batanga byose mu kibuga, ariko ibyemezo bifatirwa hanze yacyo ni byo biri kugena uko imikino irangira n’utwara ibikombe.

Ndababaye cyane, atari ku bwa Sénégal gusa, ahubwo no ku mupira w’amaguru wa Afurika muri rusange. Dukwiriye ibyiza birenze ibi. Abafana bakwiriye uburinganire, gukorera mu mucyo, no kubahwa".

Kugeza ubu Senegal nayo yamaze gutangaza ko icyemezo CAF yayifatiye igomba kukijuririra mu rukiko mpuzamahanga rukemura amakimbirane ajyanye na siporo ruzwi nka TAS.