Senegal yambuwe igikombe cya AFCON iheruka gutwara

Senegal yambuwe igikombe cya AFCON iheruka gutwara

Ikipe ya Senegal iheruka gutwara igikombe cya AFCON 2025 nyuma yo gutsinda Maroc ku mukino wanyuma wagaragayemo amahane menshi,yacyambuwe itewe mpaga y'ibitego bitatu ku busa(3-0) intsinzi ijya ku gihugu cya Maroc bahuye kuri uwo mukino.

Komite y’Ubujurire y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) niyo yafashe umwanzuro, ishingiye ku ngingo ya 84 y’amategeko agenga Igikombe cya Afurika (CAN), wo gutangaza ko Ikipe y’Igihugu ya Sénégal yatsinzwe itewe mpaga ku mukino wa nyuma wa TotalEnergies CAF CAN Maroc 2025,nk'uko amategeko abigena aho intsinzi ya Maroc yemejwe ku bitego 3–0.

Komite y’Ubujurire ya CAF yateranye uyu munsi tariki 17 Werurwe 2026, isuzuma ubujurire bwatanzwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Maroc (FRMF) ku bijyanye n’ishyirwa mu bikorwa ry’ingingo ya 82 na 84 z’amategeko agenga CAN, ifata imyanzuro ikurikira:

Imyanzuro ya Komite y’Ubujurire ya CAF:

• Ubujurire bwatanzwe na FRMF bwemewe mu buryo bw’amategeko kandi bufite ishingiro.
• Icyemezo cya Komite y’Imyitwarire (Discipline) ya CAF giteshejwe agaciro.
• Komite y’Ubujurire isanga imyitwarire y’ikipe ya Sénégal igwa mu byo ingingo ya 82 na 84 ziteganya.
• Ikirego (réserve) cyatanzwe na FRMF cyemewe ko gifite ishingiro.
• Byemejwe ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Sénégal (FSF), binyuze ku myitwarire y’ikipe yaryo, ryarenze ku ngingo ya 82 y’amategeko agenga CAN.
• Hakurikijwe ingingo ya 84, ikipe ya Sénégal itangajwe nk’iyatsinzwe (forfait), kandi intsinzi y’umukino yanditswe 3–0 ku ruhande rwa FRMF.
• Ibindi byose byari byasabwe cyangwa byari byanzuwe biteshejwe agaciro.

Komite y’Ubujurire ya CAF yanatanze imyanzuro ku zindi ngingo zikurikira:

• Ubujurire ku bijyanye na Ismaël Saibari (umukinnyi nº11 w’ikipe ya Maroc) bwemewe igice.
• Komite yemeje ko Ismaël Saibari yakoze amakosa anyuranyije n’ingingo ya 82 na 83(1) z’amategeko y’imyitwarire ya CAF.
• Igihano cye cyahinduwe, agahagarikwa imikino ibiri (2) ya CAF, umwe muri yo ugahagarikwa by’agateganyo.
• Ihazabu ya 100,000 USD yari yaciwe Ismaël Saibari yavanyweho.

• Ubujurire ku kibazo cy’abatoragura imipira bwemewe igice.
• Komite yemeje ko FRMF ifite uruhare ku myitwarire y’abo batoragura imipira muri uwo mukino.
• Ihazabu yari yaciwe FRMF kuri icyo kibazo yagabanyijwe igera ku madorali 50,000.

• Ubujurire ku kibazo cyo kwivanga mu gace ka OFR/VAR bwanzwe.
• Ihazabu ya madorali 100,000 yari yaciwe FRMF kuri icyo kibazo yemejwe.

• Ubujurire ku kibazo cya esume bwemewe igice.
• Ihazabu yari yaciwe FRMF yagabanyijwe igera ku madorali 10,000.Ibindi byose byari byasabwe byateshejwe agaciro.


Senegal yambuwe igikombe cya AFCON iheruka gutwara

Senegal yambuwe igikombe cya AFCON iheruka gutwara

Ikipe ya Senegal iheruka gutwara igikombe cya AFCON 2025 nyuma yo gutsinda Maroc ku mukino wanyuma wagaragayemo amahane menshi,yacyambuwe itewe mpaga y'ibitego bitatu ku busa(3-0) intsinzi ijya ku gihugu cya Maroc bahuye kuri uwo mukino.

Komite y’Ubujurire y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) niyo yafashe umwanzuro, ishingiye ku ngingo ya 84 y’amategeko agenga Igikombe cya Afurika (CAN), wo gutangaza ko Ikipe y’Igihugu ya Sénégal yatsinzwe itewe mpaga ku mukino wa nyuma wa TotalEnergies CAF CAN Maroc 2025,nk'uko amategeko abigena aho intsinzi ya Maroc yemejwe ku bitego 3–0.

Komite y’Ubujurire ya CAF yateranye uyu munsi tariki 17 Werurwe 2026, isuzuma ubujurire bwatanzwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Maroc (FRMF) ku bijyanye n’ishyirwa mu bikorwa ry’ingingo ya 82 na 84 z’amategeko agenga CAN, ifata imyanzuro ikurikira:

Imyanzuro ya Komite y’Ubujurire ya CAF:

• Ubujurire bwatanzwe na FRMF bwemewe mu buryo bw’amategeko kandi bufite ishingiro.
• Icyemezo cya Komite y’Imyitwarire (Discipline) ya CAF giteshejwe agaciro.
• Komite y’Ubujurire isanga imyitwarire y’ikipe ya Sénégal igwa mu byo ingingo ya 82 na 84 ziteganya.
• Ikirego (réserve) cyatanzwe na FRMF cyemewe ko gifite ishingiro.
• Byemejwe ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rya Sénégal (FSF), binyuze ku myitwarire y’ikipe yaryo, ryarenze ku ngingo ya 82 y’amategeko agenga CAN.
• Hakurikijwe ingingo ya 84, ikipe ya Sénégal itangajwe nk’iyatsinzwe (forfait), kandi intsinzi y’umukino yanditswe 3–0 ku ruhande rwa FRMF.
• Ibindi byose byari byasabwe cyangwa byari byanzuwe biteshejwe agaciro.

Komite y’Ubujurire ya CAF yanatanze imyanzuro ku zindi ngingo zikurikira:

• Ubujurire ku bijyanye na Ismaël Saibari (umukinnyi nº11 w’ikipe ya Maroc) bwemewe igice.
• Komite yemeje ko Ismaël Saibari yakoze amakosa anyuranyije n’ingingo ya 82 na 83(1) z’amategeko y’imyitwarire ya CAF.
• Igihano cye cyahinduwe, agahagarikwa imikino ibiri (2) ya CAF, umwe muri yo ugahagarikwa by’agateganyo.
• Ihazabu ya 100,000 USD yari yaciwe Ismaël Saibari yavanyweho.

• Ubujurire ku kibazo cy’abatoragura imipira bwemewe igice.
• Komite yemeje ko FRMF ifite uruhare ku myitwarire y’abo batoragura imipira muri uwo mukino.
• Ihazabu yari yaciwe FRMF kuri icyo kibazo yagabanyijwe igera ku madorali 50,000.

• Ubujurire ku kibazo cyo kwivanga mu gace ka OFR/VAR bwanzwe.
• Ihazabu ya madorali 100,000 yari yaciwe FRMF kuri icyo kibazo yemejwe.

• Ubujurire ku kibazo cya esume bwemewe igice.
• Ihazabu yari yaciwe FRMF yagabanyijwe igera ku madorali 10,000.Ibindi byose byari byasabwe byateshejwe agaciro.